Fasha Abari mu Bukene(Pasitori Chris)

“Kuko ari nta bwo abakene bazashira mu gihugu, ni cyo gitumye ngutegeka nti, Ntuzabure kuramburira minwe  mwene wanyu w’umukene w’umworo uri mu gihugu cyawe” (Gutegeka kwa kabiri 15:11).


Ibigereranyo bigaragaza ko kimwe cya gatanu cy’abatuye isi babayeho mu bukene; babeshejweho n’amafaranga ari munsi y’idolari rimwe ku munsi. Benshi baba mu tujagari no ku mihanda ntabwo bafite ibikoresho bibafasha mu buryo bw’umubiri, mu mwuka ndetse n’amarangamutima bikenewe ngo umuntu abeho, atere imbere, bigatuma badashobora kunezererwa uburenganzira bwabo, ngo basohoze inshingano zabo uko bikwiye cyangwa se ngo bagire uruhare mu kubaka sosiyeti.


Tugomba rero gushaka uko dushyiraho ibikenewe byose bizafasha guhindura imibereho y’abakene n’abatishoboye muri twe. Reka tubahe ibyangombwa ndetse tunabiteho, tubahe urukundo, n’imibereho ikwiye. Buri wese muri twe agiye akora ikintu gito, twese hamwe twakora byinshi. Ndagukangurira gutekereza uko wakora ibirenzeho ku bw’abakene bakuri hafi; bera abandi umugisha nawe uzahabwa umugisha.


Ushobora kutamenya ubutunzi Imana yagushyizemo kugeza igihe ugize uwo ufasha ugaha ubuzima bwe agaciro. Aho niho kunyurwa nyakuri biboneka! Bibiliya iravuga iti, “Umunyabuntu azabyibuha, kandi uvomera abandi na we azavomerwa” (Imigani 11:25). Imana izatuma ibyiza ukorera abandi nawe bikubaho. None rero fasha abakene bagukukije.


Isengesho Data mwiza wo mu ijuru, ndagushimira ko wampaye ubuntu, ubwenge n’imbaraga zo kumenya iteka ibyo abari hafi yanjye bakennye, kugira ngo mbashe kubatabara, kubazanira ibyiringiro no kubahumuriza. Ndagushimira ko wangize uzamura kandi agafasha abandi, mu Izina rya Yesu. Amen.

Gucengera Ijambo

Luka 6:31

Luka 6:38

Tanga igitekerezo cyawe


Security code
Refresh

INYIGISHO ISESENGUYE

Sponsorship

Flyerber
Flyerber1

DONATE TODAY!

ukunda UBUGINGO?

KURAMYA NO GUHIMBAZA

KANUMA DAMASCENE ni umukozi w’Imana wahamagariwe kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo.

Afatanyije na bagenzi, yasohoye album irimbo indirimbo 30 zo mu gitabo.

Wifuza kumva zimwe muri izo ndirimbo kanda ahanditse Soma ibikurikira.....

IGITABO cya Ap Jean SAFLO

"RETHINKING the CHURCH for 21st CENTURY"

Iki gitabo gikubiyemo "Job Description" y'umurimo w'Imana, buri wese mu mwanya Imana yamuhamagayemo.

KIBONEKA ku isi yose, wifuza kugura iki kitabo kanda hano

Andika Email yawe

Ibitekerezo

Abari ONLINE ubu

We have 46 guests online