1 Abakorinto 13 hadusobanurira neza ibiranga agape: urukundo nk’urw’Imana. Kimwe mu biruranga ni uko urukundo rw’Imana rudashaka ibyarwo, ntirureba inyungu zarwo gusa: ”…Urukundo (urukundo rw’Imana muri twe) ntirushaka ibyarwo, {kuko} ntirushaka inyungu zarwo…”(1 Abakorinto 13:5). Urukundo rw’Imana ntirwikunda, rwita ku bandi kurusha uko rwiyitaho. Nk’umwana w’Imana rero ugomba kwiga gushyira abandi imbere. Urukundo ntirushaka kwiyishyura cyangwa ngo rubike inzika. Urukundo rushakira abandi ibyiza gusa; ntabwo rushaka kwihimura cyangwa se guhora. Iyo ucengewe n’ihishurirwa ry’urukundo nk’urw’Imana, birakorohera kuba wakwihanganira kubabazwa ku bw’abandi kandi ntubarakarire. Birakorohera kwirengagiza amakosa abandi bagukorera. Iyo ugiriwe nabi n’umuvandimwe, ahubwo wemera kubabazwa no guhuguzwa, aho kugira ngo witure umuvandimwe inabi yagize (1 Abakorinto 6:7). Niba warakijijwe, kugendera mu rukundo ntibyakagombye kukugora; wavukiye gukunda. Ufite kamere y’urukundo; bityo ushobora gukunda by’ukuri Imana n’abavandimwe bawe muri Kristo. Uyu munsi rabagirana umucyo w’Ijambo ry’Imana riri mu mutima wawe kandi ukore byose kugira ngo ibiranga urukundo bivugwa mu 1 Abakorinto 13 bibe ishingiro ry’imibanire yawe n’abandi. Isengesho Data mwiza, ndagushimira ku bwo kumpa kamere yawe y’urukundo ukampa no gusobanukirwa urukundo rwawe ruhambaye, kugira ngo ndubemo mu mwuzuro warwo kandi abe ari rwo ngaragariza buri wese mu isi yanjye, mu Izina rya Yesu. Amen. Gucengera Ijambo
“Ku byo gukunda bene Data mukundane rwose; ku by’icyubahiro, umuntu wese ashyire imbere mugenzi we” (Abaroma 12:10).
















Ibitekerezo byanyu