HITAMO UMWIGISHA


Pst Elijah Diallo
  Pst Elijah Diall...Soma Ibikurikira
Pastor Baron Mbala
  Pst Baron Mbala ...Soma Ibikurikira
Pastor Mukoka
  Pst Isaac Mukoka...Soma Ibikurikira

“Abagore Bazakizwa Mu Ibyara”(Pasitori Chris )

“Nyamara abagore bazakizwa mu ibyara nibakomeza kwizera, bakagira urukundo no kwera, bakirinda” (1 Timoteyo 2:15).


Umurongo w’ibyanditswe wo hejuru ntabwo uvuga ku gakiza ko kubyarwa ubwa kabiri. Ijambo ryasemuwe ngo “bazakizwa” riva ku ijambo ry’Ikigiriki “sozo”; ni ijambo rikubiyemo byinshi, rivuga gukiza, gutabara cyangwa kurinda. Rero, umugore w’Umukristo mu ibyara rye azafashwa, arindwe, akizwe kandi arindwe ububabare bukomeye, impagarara n’ibindi bishobora kutagenda neza byajyana n’ibyara. Wabaza uti “None se uravuga iki ku muvumo w’umugore mu Itangiriro 3:16?” Ndabisobanura, ariko reka tubanze dusome mu Itangiriro 3:16: “...Kugwiza nzagwiza cyane umubabaro wawe ufite inda: uzajya ubyara abana ubabara...”

 

Mu Itangiriro 3 hatubwira uburyo Adamu yasuzuguye Imana mu busitani bwa Edeni; yakoze ubugambanyi bukomeye maze Satani amutwara ubutware bwe. Nuko Imana ivuma ubutaka kubw’Adamu, inavuga amagambo yo mu Itangiriro 3:16 kuri Eva kubera ubugambanyi. Uyu “muvumo” kuri Eva ni wo wateye “ibise,” igihe umugore agiye kubyara; kenshi bijyana n’izindi ngorane, umubabaro no kugorwa.

 

Ariko, Bibiliya iravuga mu 2 Abakorinto 5:17 iti “...umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize. Dore byose biba bihindutse bishya.” Rero umugore wabyawe bwa kabiri ntakiri munsi y’uwo muvumo ukundi; kubw’ibyo ntiyagombye kunyura mu ngorane cyangwa ibise bigoye mu kubyara. Imirimo ya Kristo yujujwe yo kuducungura yatubohoye umuvumo uwo ari wo wose.

 

Umukristo ntari munsi y’umuvumo; ni uwahawe umugisha n’Imana. Twahamagariwe kuragwa umugisha (1Petero 3:9). Ubwo Yesu yabambwaga, yaravumwe kubwawe; Yaragukijije agucungura umuvumo w’Amategeko: ”Kristo yaducunguriye kugira ngo dukizwe umuvumo w’amategeko, ahindutse ikivume kubwacu (kuko byanditswe ngo “Havumwe umuntu wese umanitswe ku giti”), kugira ngo umugisha wa Aburahamu ugere no ku banyamahanga bawuheshejwe na Yesu Kristo, kwizera kubone uko kuduhesha wa mwuka twasezeranijwe” (Abagalatiya 3:13-14). Kubw’ibyo rero, hagarara mu mudendezo n’ubwiza bw’ibyo Kristo yagukoreye.

IsengeshoData mwiza, ngushimiye umugisha w’icyaremwe gishya unshyira hejuru kure y’umuvumo uwo ari wo wose. Nzi binyuze mu Ijambo ryawe ko nahamagariwe kuragwa umugisha. Ndasengera ababyeyi batwite uyu munsi, ntangaza ko Ijambo ryawe risohora muri bo ubwo babyara biboroheye kandi mu mutekano, nta ngorane zibaye, mu Izina rya Yesu. Amen.

Gucengera Ijambo:

Kuva 1:19

2Abakorinto 5:17

 

Tanga igitekerezo cyawe


Security code
Refresh

URI ISHUSHO NTO YE...MU ISI YAWE

 

Ibyo ni byo bimaze gutunganya rwose urukundo muri twe, kugira ngo tuzatinyuke ku munsi w’amateka, kuko uko ari ari ko turi muri iyi si (1 Yohana 4:17).


Mu Baheburayo 1:3 hatubwira ko Yesu Kristo ari ishusho ya kamere y’Imana. Bivuze ko ari ishusho yuzuye igaragaza Data. Ubwo yagendaga mu isi, yari uguhishurwa kw’ubushake bwa Data, ndetse...

 

INYIGISHO ISESENGUYE

Sponsorship

Flyerber
Flyerber1

DONATE TODAY!

UMVA IYI NYIGISHO

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

KURAMYA NO GUHIMBAZA

KANUMA DAMASCENE ni umukozi w’Imana wahamagariwe kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo.

Afatanyije na bagenzi, yasohoye album irimbo indirimbo 30 zo mu gitabo.

Wifuza kumva zimwe muri izo ndirimbo kanda ahanditse Soma ibikurikira.....

ukunda UBUGINGO?

IGITABO cya Ap Jean SAFLO

"RETHINKING the CHURCH for 21st CENTURY"

Iki gitabo gikubiyemo "Job Description" y'umurimo w'Imana, buri wese mu mwanya Imana yamuhamagayemo.

KIBONEKA ku isi yose, wifuza kugura iki kitabo kanda hano

Andika Email yawe

Ibitekerezo

Abari ONLINE ubu

We have 22 guests online