Igihe kigerageza ukwizera. Ushobora kumenya ku buryo bworoshye niba umuntu agendera mu kwizera cyangwa mu kutizera iyo igihe kibaye kirekire. Iyo bitinze ugitegereje kubona umusaruro runaka wifuje ugatangira kunyegenyega, wibaza niba koko warumvise neza Imana, uko ni ukutemera, ni ukutizera. Abantu benshi usanga bagendera mu kutizera buri munsi kandi batabizi, kuko badasobanukiwe neza icyo kutizera ari cyo. Kutizera ni ugushidikanya ukuri n’ubunyangamugayo bw’Ijambo ry’Imana. Kwizera, ku rundi ruhande, ntigushidikanya, uko byagenda kose; kuba kwemera neza yuko icyo Imana yavuze ari ukuri kudasubirwaho. Iyo gushidikanya gutangiye kuza kubera ko habayeho gukererwa, ukwizera ko ntikunyeganyega; kwiringiye rwose ko ibyo Imana yavuze bizabaho nta kabuza. Umwami Yesu muri Mariko 11:23 yaravuze ati, ”Ndababwira ukuri yuko umuntu wese wabwira uyu musozi ati, Shinguka utabwe mu nyanja, NTASHIDIKANYE mu mutima we, yizeye yuko icyo avuze gikorwa yakibona.” Ntabwo ari ibyawe kwibaza uko umusozi uzagera mu nyanja igihe wamaze kuwutegeka kuva aho wari uri. Ibyawe ni ukwita ku musaruro ukirinda guhuzagurika, maze ukemera udashidikanya ko ibyo watuye bizazana igisubizo wifuza :”…kandi uku niko kunesha kwanesheje iby’isi, ni ukwizera kwacu” (1 Yohana 5:4). Isengesho Data mwiza, ndagushima ku bwo kutaneshwa kw’Ijambo ryawe no kuganza kw’imbaraga zaryo mu buzima bwanjye! Ibyiringiro byanjye n’icyizere biri mu bushobozi bw’Ijambo ryawe ribasha kunyubaka no kungira icyo wangeneye kuba, mu Izina rya Yesu. Amen.
Kandi n’ubwo abonye umubiri we umaze gusa n’upfuye kuko yari amaze imyaka nk’ijana avutse, akabona na Sara yaracuze, kwizera kwe ntikuracogora, ahubwo abonye isezerano ry’Imana ntiyashidikanishwa no kutizera ahimbaza Imana, amenya neza ko ibyo yasezeranije ibasha no kubisohoza (Abaroma 4:19-21).
Yakobo 1:6
Abaheburayo 3:12
Abaroma 11:20
Toza Umwuka Wawe Ukoresheje Ijambo(Pasitori Chris )Umwuka w’umuntu ni urumuri yahawe n’Uwiteka, Rusesengura ibihishwe mu mutima (Imigani 20:27). Ibintu bibera mu mwuka w’umuntu ahanini nibyo bigenga ubuzima bwe. Kuba uzatunganirwa mu buzima bigengwa n’ibibera mu mwuka wawe, kuko mu mwuka wawe ni ho hakomoka iby’ubugingo byose (Imigani 4:23). Ub...Soma Ibikurikira
Ubona Iki?(Pasitori Anita )Kandi twabonyemo abantu barebare banini, Abanaki bakomotse mu bantu barebare banini. Twibonaga tubamezeho nk’inzige, na bo bakabona tumeze nka zo (Kubara 13:33). Ibyo ubona n’uko ubibona ni ikintu cy’ingenzi. Ese ubonesha amaso yawe y’umubiri, cyangwa ubonesha amaso yo kwizera? Abareba bakabonesha ama...Soma Ibikurikira
Wihera Ku Byahise(Pasitori Anita )Bene Data, sinibwira yuko maze kugifata, ariko kimwe cyo nibagirwa ibiri inyuma, ngasingira ibiri imbere (Abafilipi 3:13). Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kiduha inkuru irambuye ya Sawuli w’i Tarusisi, waje nyuma kumenywa nka Pawulo. Mbere yo guhinduka kwe, yatoteje ubwoko bw’Imana yivuye inyuma. Ariko um...Soma Ibikurikira
Reka Yigaragaze Binyuze Muri Wowe!(Pasitori Chris )Ibimenyetso n’ibitanganza byinshi byakorwaga mu bantu n’amaboko y’intumwa, kandi bose bateraniraga mu ibaraza rya Salomo n’umutima uhuye (Ibyakozwe n’Intumwa 5:12). Imana ibasha kugukoresha uramutse uyemereye; ntacyo itakora binyuze muri wowe iyaba wayiyeguriraga. Yamaze kuguha umugisha no kuguh...Soma Ibikurikira















