Nk’uko bigaragara mu murongo wacu ufungura, umusirikare w’Umuroma wari ufite umugaragu ugiye gupfa yinginze abayobozi b’Abayuda gusaba Yesu ngo aze akize umugaragu we. Yumvise ko Yesu ari mu nzira, amutumaho aya magambo ati “Nyagasani, si ngombwa ko uza hano! Tegeka gusa, umugaragu wanjye arakira” Kubw’ukwizera kw’uwo musirikare, Umwami yavuze amagambo yo gukiza maze umugaragu w’uwo musirikare ahita akira. Ikindi gihe, umugore yaraje yinginga Yesu ngo akize umukobwa we wari ubaswe n’umudayimoni (Mariko 7:25). Umwami yaramubwiye ati “…igendere, dayimoni avuye mu mukobwa wawe.” (Mariko 7:29). Yavuze mu mpitagihe ngo “dayimoni avuye mu mukobwa wawe!” Iki nicyo uwo mugore yari akeneye kumva gusa, kandi yari azi ko umukobwa we yakize. Uyu mugore n’umusirikare w’Umuroma bakoresheje ukwizera bafite mu Ijambo ry’Umwami. Uku niko nawe wagombye kwitwara; kugira ukwizera mu Ijambo ry’Imana. Bibiliya igaragaza neza ubushobozi bw’Ijambo ry’Imana. Ijambo ryayo ni ukuri gusesuye, kandi icyo ukeneye ngo ubone ubutsinzi no kuzamurwa mu buzima nta kindi ni ukugira ukwizera mu Ijambo; beshwaho n’Ijambo! Urugero, Ijambo rivuga ko uri umukiranutsi (2 Abakorinto 5:21); byizere kandi ukomeze utangaze gukiranuka kwawe, utitaye ku kwicira urubanza satani ashobora no kuzana mu bitekerezo byawe. Uko ni ko ukoresha kwizera mu Ijambo! Isengesho Data mwiza, ngushimiye imbaraga z’Ijambo ryawe n’ubushobozi bwaryo bwo gukora ku mwuka wanjye, ku bugingo ndetse n’umubiri wanjye. Mbaho mu mbaraga, mu buzima buzira umuze n’ubutsinzi ubwo nkoresha ukwizera mu Ijambo ryawe, mu Izina rya Yesu. Amen. Gucengera Ijambo Yesaya 55:10-11 Luka 5:5
“…Ageze hafi y’inzu uwo mutware w’abasirikare amutumaho inshuti ze ati “Nyagasani, ntiwirushye kuko bitankwiriye ko winjira mu nzu yanjye, ni cyo gitumye ntekereza ko bitankwiriye ndetse ko nza aho uri ubwanjye. Ahubwo tegeka, umugaragu wanjye arakira” (Luka 7:6-7).
Toza Umwuka Wawe Ukoresheje Ijambo(Pasitori Chris )Umwuka w’umuntu ni urumuri yahawe n’Uwiteka, Rusesengura ibihishwe mu mutima (Imigani 20:27). Ibintu bibera mu mwuka w’umuntu ahanini nibyo bigenga ubuzima bwe. Kuba uzatunganirwa mu buzima bigengwa n’ibibera mu mwuka wawe, kuko mu mwuka wawe ni ho hakomoka iby’ubugingo byose (Imigani 4:23). Ub...Soma Ibikurikira
Ubona Iki?(Pasitori Anita )Kandi twabonyemo abantu barebare banini, Abanaki bakomotse mu bantu barebare banini. Twibonaga tubamezeho nk’inzige, na bo bakabona tumeze nka zo (Kubara 13:33). Ibyo ubona n’uko ubibona ni ikintu cy’ingenzi. Ese ubonesha amaso yawe y’umubiri, cyangwa ubonesha amaso yo kwizera? Abareba bakabonesha ama...Soma Ibikurikira
Wihera Ku Byahise(Pasitori Anita )Bene Data, sinibwira yuko maze kugifata, ariko kimwe cyo nibagirwa ibiri inyuma, ngasingira ibiri imbere (Abafilipi 3:13). Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kiduha inkuru irambuye ya Sawuli w’i Tarusisi, waje nyuma kumenywa nka Pawulo. Mbere yo guhinduka kwe, yatoteje ubwoko bw’Imana yivuye inyuma. Ariko um...Soma Ibikurikira
Reka Yigaragaze Binyuze Muri Wowe!(Pasitori Chris )Ibimenyetso n’ibitanganza byinshi byakorwaga mu bantu n’amaboko y’intumwa, kandi bose bateraniraga mu ibaraza rya Salomo n’umutima uhuye (Ibyakozwe n’Intumwa 5:12). Imana ibasha kugukoresha uramutse uyemereye; ntacyo itakora binyuze muri wowe iyaba wayiyeguriraga. Yamaze kuguha umugisha no kuguh...Soma Ibikurikira















