Menya Ko Iri Kumwe Nawe(Pasitori Anita )

“…Ibi mubyizere – ko ndi kumwe namwe iteka, no kugeza ku mpera y’isi” (Matayo 28:20 The Living Bible).


Umwami Yesu, muri iyi nteruro yo hejuru, aratwizeza ko turi kumwe ibihe byose. Bityo rero, aho wakwisanga hose, umuntu cyangwa ikintu cyahagurukira kukurwanya cyose; izere ikintu kimwe: ubutsinzi bwawe burizewe kuko Umwami ari kumwe nawe. Ibi kandi ntaho bihuriye n’uko “wiyumvamo” cyangwa “utiyumwamo” ko ari kumwe nawe; kubyiyumvamo siko kwizera. Mu kwizera uzi ko ari kumwe nawe kandi ari muri wowe kuko Ijambo ari ko rivuga. Kumenya rero ko Imana iri muri wowe kandi ikaba kumwe nawe bizagira ingaruka nini ku bwoko bw’ubuzima ubaho.


Iyo uzi ukubaho kw’Imana hamwe nawe ndetse no muri wowe, bizamura ukwizera, gutinyuka no gushira amanga mu mwuka wawe. Uko kubimenya kuguha imitekerereze yo guhangara ibihangange; kuko uzi yuko Uri muri wowe aruta uri mu b’isi. Kimwe n’umuhanuzi Elisha, ntabwo ukangwa n’umubare cyangwa ingano y’abakurwanya; kuko waje kumenya ko ‘abari kumwe nawe baruta abari kumwe na bo’. ‘witinya, kuko abo turi kumwe ari benshi kuruta abari kumwe nabo’ (2 Abami 6:16)


Baho umunsi ku wundi uzi ko Imana muri kumwe; waba uri wenyine cyangwa uri kumwe n’abandi. Kura burundu mu magambo yawe ibintu nko kuvuga ngo “Ndi jyenyine nta muntu n’umwe ngira muri iyi si; nta wamfasha ngira.” Ahubwo, vuga ushize amanga uti “Uwiteka ni we mbaraga zanjye, ubuhungiro bwanjye no guhumurizwa kwanjye; Ari kumwe nanjye, ari no muri jye ibihe byose!”


Anga kugira ubwoba, guhangayika, impagarara no gushidikanya; ishingikirize ku kuba Imana iri muri wowe kandi iri kumwe nawe! Irahari ngo ikuyobore, ikurinde kandi iguhe imbaraga; none rero shira amanga, ukomere kandi ushikame!


Isengesho Data mwiza, ndanezerewe kandi nzamuye ibiganza byanjye nkuramya kubw’urukundo rwawe, Ubuntu, ineza no kubaho kwawe mu buzima bwanjye! Urakoze kubw’icyubahiro cyawe cyigaragaza muri jye none, ubwo mbaho nzi neza imbaraga zawe no kubaho kwawe muri jye, kandi ngeze ku isi yanjye ubwiza, ubuntu n’ubukiranutsi bwawe, mu Izina rya Yesu. Amen.

Gucengera Ijambo

Yohana 14:16-18

Abaheburayo 13:5-6

Ibitekerezo byanyu   

 
-1 # Guhabwa imbaragaJimmy 2012-05-09 09:04
Inyigisho zo gukomera mu gakiza n'uburyo umuntu ya korerwa delivrance
MUSUBIZE
 
 
0 # gushima no gutanga ikifuzoJean Damascene 2012-05-12 17:02
Mwarakoze gukora uno murimo utoroshye wo gushyiraho wo guhamya ijambo rya nyakuhahwa IMANA yacu mukoresheje ibyuma byabahanga kuko namwe muri Abahanga b"umwami wacu Yesu Christo.Imana ibahe Umugisha.ndabas aba ko mwasengera cyane urubyiruko kuko satani arikurutwara akarwica ruhagaze.mukome re kuko mugiye kunesha muhabwe ingabire nziza zabatabarutse.
MUSUBIZE
 
 
0 # Gushima Imana nabakozi bayo ikomeje gukoresha umurimo ukomeyeRUBARITA DEOGRATIAS 2012-05-22 05:28
Imana ishimwe kubwo urukundo idukonda no kutwitaho kandi abakozi b'Imana ikoresheje umurimo ukomeye ibongerere amavuta nimigisha itagabanije kandi mukomze gusengera imiryango cyane kuko umwanzi ayibasiye.
MUSUBIZE
 
 
0 # gushima Imana ibaha imbaragasophie m. 2012-05-28 09:43
Imana ishimwe kubw'urukundo rwayo ikomje kutugirira,ikan yuza inama zayo mubagaragu bayo, kugira ngo abisi tubone ubugingo ndetse n' inzira twacamo ngo twambuke iyi nyanja(isi).muk omeze ubutwari , gusenga ,no gushikama ibihebyose. in God we trust until the end Amen.
MUSUBIZE
 

Tanga igitekerezo cyawe

Turabasaba kudatandukira. Ibitekerezo byanyu bigomba kuba bifite aho bihuriye n'Ijambo ry'Imana.


Security code
Refresh

Ijambo ry`umunsi


Toza Umwuka Wawe Ukoresheje Ijambo(Pasitori Chris )
Umwuka w’umuntu ni urumuri yahawe n’Uwiteka, Rusesengura ibihishwe mu mutima (Imigani 20:27). Ibintu bibera mu mwuka w’umuntu ahanini nibyo bigenga ubuzima bwe. Kuba uzatunganirwa mu buzima bigengwa n’ibibera mu mwuka wawe, kuko mu mwuka wawe ni ho hakomoka iby’ubugingo byose (Imigani 4:23). Ub...Soma Ibikurikira
Ubona Iki?(Pasitori Anita )
Kandi twabonyemo abantu barebare banini, Abanaki bakomotse mu bantu barebare banini. Twibonaga tubamezeho nk’inzige, na bo bakabona tumeze nka zo (Kubara 13:33). Ibyo ubona n’uko ubibona ni ikintu cy’ingenzi. Ese ubonesha amaso yawe y’umubiri, cyangwa ubonesha amaso yo kwizera? Abareba bakabonesha ama...Soma Ibikurikira
Wihera Ku Byahise(Pasitori Anita )
Bene Data, sinibwira yuko maze kugifata, ariko kimwe cyo nibagirwa ibiri inyuma, ngasingira ibiri imbere (Abafilipi 3:13). Igitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa kiduha inkuru irambuye ya Sawuli w’i Tarusisi, waje nyuma kumenywa nka Pawulo. Mbere yo guhinduka kwe, yatoteje ubwoko bw’Imana yivuye inyuma. Ariko um...Soma Ibikurikira
Reka Yigaragaze Binyuze Muri Wowe!(Pasitori Chris )
Ibimenyetso n’ibitanganza byinshi byakorwaga mu bantu n’amaboko y’intumwa, kandi bose bateraniraga mu ibaraza rya Salomo n’umutima uhuye (Ibyakozwe n’Intumwa 5:12).   Imana ibasha kugukoresha uramutse uyemereye; ntacyo itakora binyuze muri wowe iyaba wayiyeguriraga. Yamaze kuguha umugisha no kuguh...Soma Ibikurikira

IBYANDITSWE KURI FACEBOOK YACU:Kanda Like/J'aime

INYIGISHO YIHARIYE

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

In order to view this object you need Flash Player 9+ support!

Get Adobe Flash player

Powered by RS Web Solutions

INYIGISHO (SERIES)

INYIGISHO ISESENGUYE

DONATE TODAY!

KURAMYA NO GUHIMBAZA

KANUMA DAMASCENE ni umukozi w’Imana wahamagariwe kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo.

IBITABO

Iki gitabo cyanditswe na Apostle Jean SAFLO.Kivuga ku NSHINGANO ZA BURI MUKOZI W'IMANA

   
   

Andika Email yawe

IBITEKEREZO

  • gusaba gukora copy
    ndasaba gukora copy kuko nshaka kujya nkora post kuri facebook ibyamfashije bigafasha n'abandi
     
  • azaza igihe upfuye
    umuntu iyo apfuye ibye biba birangiye
     
  • Ndashaka kuba inshuti y,Uwiteka
    Uwiteka Aguhe imigisha, Akomeze Agusige Apôtre, inyigisho zawe zirankomeje, zinyongerereye inyota yo ...
     
  • icyifuzo
    [fv]ndabasuhuje mwizina rya yesu hari byifuzo nfite ndifuza kuza twandikirana kuko , haribyo ...
     
  • Gusaba
    Amahoro y'Imana abane namwe. Turabashimiye ko mukomeza kwamamaza ubutumwa bwiza bwa YESU KRISTO. Mbe ...

Abari ONLINE ubu

We have 49 guests online