Gukiranuka ni kamere y’Imana; ni ugukora igikwiye kw’Imana mu mwuka w’umuntu. Ni ikigaragaza kugendera ku kuri cyangwa kwigaragaza kw’ugushaka kw’Imana. Ni ubushobozi mu mwuka w’umuntu bwo gukora igikwiye. Gukiranuka kuduha ubushobozi bwo guhagarara mu kubaho kw’Imana nta rubanza, kwishyira hasi cyangwa kwiciraho iteka. Mbega ukuntu ari byiza kumenya ko twahawe gukiranuka nk’impano iva ku Mana. Soma icyanditswe kibanza nanone maze ugitekerezeho. Ubundi busobanuro bwa Bibiliya bwitwa Amplified Version bubisobanura neza, butumenyesha ko kuba twarakiriye impano nziza yo gukiranuka, tugomba gutegeka nk’abami mu buzima: “…ni na ko mu buryo bwizewe kurushaho abahawe ubuntu busesekaye [bw’Imana] (ubuntu budakwiriye) n’impano y’ubuntu yo gukiranuka [ibashyira ahakwiye na We] bazategeka mu buzima….” Aha baravuga kwimikwa mw’isi. Ntituzimikwa mw’ijuru kuko ntituzaba dufite abo dutegeka mw’ijuru. Intumwa Pawulo iravuga ku buzima bw’ubwami mw’isi. Ibyahishuwe 5:10 haravuga hati, “ukabahindurira Imana yacu kuba abami n’abatambyi, kandi bazima mu isi.” Umubwiriza 8:4 nawe agira ati, “Erega ijambo ry’umwami rifite imbaraga…” Uri umwami; ijambo ryawe rifite imbaraga. Ijambo mu kanwa kawe imbere y’ibikurwanya nta kabuza rizagira ubutsinzi. Iyo utegetse ubwoba, uburwayi, ibyorezo cyangwa ubumuga kugenda, bigomba kubaha. Rero, niba utewe n’uburwayi cyangwa ubumuga, anga gutinya; buhamagare mw’izina ubutegeke kugenda, kandi bugomba kugenda. Iyo ibigeragezo, ndetse n’ibindi bigoye biguteye; utewe n’ibibazo by’ubuzima; ntucike intege; ntutinye! Tanga Ijambo maze uzane impinduka! Mariko 11:23 avuga ko uzabona icyo uvuga. Shira amanga wature amagambo yo kwizera. Kubwo gukiranuka kwawe muri Kristo Yesu, ushobora guhangana na Satani n’abatware b’ikuzimu ushize amanga nta bwoba. Imana Ihabwe icyubahiro! Isengesho Data mwiza, Ndagushima ku bw’impano yo gukiranuka impa kubaho mu munezero buri munsi, nta rubanza, kwishyira hasi cyangwa kwiciraho iteka. Urakoze ku bw’ubushobozi mu mwuka wanjye bwo gukora igikwiye ndetse no kugendera mu gushaka kw’Imana. Ndategeka mu buzima ku bw’ubuntu, binyuze mu gukiranuka, mu Izina rya Yesu. Amen. Gucengera Ijambo Ibyahishuwe 5:10 Umubwiriza 8:4
Kuko ubwo igicumuro cy’umwe cyateye ko urupfu rwimikwa n’umwe, ni nako abahawe ubuntu busesekaye n’impano yo gukiranuka bazarushaho kwimikanwa ubugingo n’umwe ari we Yesu Kristo (Abaroma 5:17).


























